Umutwe wa AFC/M23 washinje Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kurasa mu buryo bukomeye ibirindiro byawo, nyuma y’amasaha make impande zombi zemeranyije gushyiraho urwego rwo kugenzura agahenge muri Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo.
AFC/M23 yemeje ko yagabweho ibi bitero biciye mu muvugizi wayo, Lawrence Kanyuka.
FT: RAYON SPORTS 4:1 SINGIDA BLACK STARS
Abinyujije ku rubuga rwe rwa X yavuze ko “Ihuriro AFC/M23 riramenyesha abanyagihugu ndetse n’amahanga ko nk’uko bisanzwe bikorwa, ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa ryagabye by’indege bikomeye ku bice bituwemo n’abantu benshi ndetse no ku birindiro byacu biherereye mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru ndetse n’iy’Amajyepfo, nyuma y’amasaha make cyane hasinywe amasezerano y’agahenge yashyiriweho umukono i Doha ku wa 14 Ukwakira 2025.”