Tshisekedi mubyishimo byinshi asohoye itangazo nyuma yo guhura na Kagame!!
Nyuma y’inama yaberaga I Doha muri Quatar president Antoine Felix Tshisekedi akigera iwabo yahise ashyira hanze itangazo rishimangira ibyaganiriweho,
Ibiro bya president Tshisekedi byanditse biti:
“Kuri uyu wa 18 Werurwe 2025 I Doha president Antoine Felix Tshisekedi na President w’U Rwanda Paul Kagame bahuriye mu biganiro byateguwe kubushake bw’umwami wa Quatar nyiricyubahiro Sheikh Tamim bin Hamad bin Khalifa Al Thani,
Ni murwego rw’imikoranire myiza n’ubushuti Quatar ifitanye n’ibihugu byombi,
Abakuru b’ibihugu bongeye kwemeza ubushake bwabo muguhagarika imirwano ako kanya kandi ntamananiza, mu minsi iri imbere hazasobanurwa uburyo bwo gushyira mubikorwa noneho ibyemeranyijwe hakurikijwe intambwe zagezweho mu masezerano ya Luanda na Nairobi.”
Ikibazo President w’U Rwanda na Tshisekedi basanzwe bafitanye gishingiye kumitwe yitwaje intwaro iri muburasirazuba bwa Congo, leta y’U Rwanda ishinja Tshisekedi gukorana na FDLR yasize ihekuye U Rwanda naho leta ya Congo igashinja U Rwanda kuba inyuma y’umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Tshisekedi.