Myugariro w’ikipe y’igihugu Amavubi, Phanuel Kavita yatoye amacupa nyuma y’uko Amavubi atsinzwe na Bénin (Amafoto)

Myugariro w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Phanuel Kavita, yagarutse mu kibuga atora amacupa yari yanyanyagiye nyuma y’uko we na bagenzi be batsinzwe na Bénin.

Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 10 Ukwakira 2025, ni bwo kuri Stade Amahoro habereye umukino w’Umunsi wa Cyenda mu yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

FT: RAYON SPORTS 4:1 SINGIDA BLACK STARS

Ni umukino utagendekeye neza Ikipe y’u Rwanda kuko yatsinzwe igitego 1-0, biyambura amahirwe yo kuba yakora amateka yo kuzakina IGikombe cy’Isi ku nshuro ya mbere.

Phanuel Kavita wabanje mu kibuga kuri uyu munsi, ni inshuro ya mbere yari agaragaye akinira imbere y’abafana mu Rwanda, dore ko kuva yatangira guhamagarwa imikino yose yayikiniye hanze indi ntahamagarwe kubera imvune.

Uyu mukinnyi wa Birmingham Legion yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yinjiye mu rwambariro ariko nyuma y’iminota mike arongera asubira mu kibuga, akizenguruka atoragura amacupa abandi bakinnyi banywereyemo amazi.

Nubwo ibi byatunguye abari basigaye muri Stade Amahoro, bikunze kubaho ku makipe atandukanye aho abakinnyi basukura stade nyuma y’imikino.

 

Phanuel Kavita yatoraguye amacupa yari muri stade nyuma yo gutsindwa na Bénin

 

Phanuel Kavita yababajwe no gutsindwa kw’Amavubi

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Amacupa yose yasizwe n’abandi bakinnyi yayatoye

 

Kavita yashimiye abafana

 

 

Phanuel Kavita ahanganye na Andréas Hountondji

 

Phanuel Kavita yitegura kurengura umupira

 

Phanuel Kavita agerageza kugarira

 

Phanuel Kavita wa Birmingham Legion yakiniye bwa mbere muri Stade Amahoro

Amafoto: Umwari Sandrine & Kwizera Herve

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Scroll to Top