Abapfakazi b’Abasikare muri Congo bagiye kwigaragambya bambaye ubusa

DRC: Abapfakazi b’abasirikare bashobora kujya kwigaragambya bambaye ubusa

=====

Guverineri w’Intara ya Ituri, Lt.Gen Johnny Luboya Nkashama yagaragaje ko adashyigikiye gahunda ya Leta yo kugenzura abasirikare bari ku rugamba, avuga ko ari ukongera ibibazo igisirikare cya Congo gifite.

 

Gen Luboya yavuze ko abapfakazi b’abasirikare bashobora kujya mu muhanda kwigaragambya bambaye ubusa mu rwego rwo kugaragaza ikibazo cy’imibereho mibi bafite.

 

Ubugenzuzi bwa gisirikare muri Congo bwashyizeho gahunda yo gukora igenzura ryimbitse ry’abasirikare batari mu kazi, mu gihe imiryango yabo izagenerwa ibihabwa umusirikare waguye ku rugamba.

 

Kubera iyi gahunda, ubuyobozi bw’ingabo bwabaye buhagaritse amafaranga atangwa ku miryango y’abasirikare bapfiriye ku rugamba mu rwego rwo gukora igenzura ngo hamenyekane umubare nyawo w’abapfuye, n’abasirikare bari mu kazi mu rwego rwo kunoza imikorere y’igisirikare n’ibikorwa by’urugamba bihari.

 

Iki gikorwa byaje kugaragara ko abasirikare bamwe batacyishimiye barimo Guverineri uyoboye Intara ya Ituri, Lt.Gen Johnny Luboya Nkashama akaba yavuze ko ari ikigamije guca intege abasirikare.

 

Yagize ati “Iki kibazo cyo kumenye abapfakazi gihoraho, …twe turi mu gace k’ahabera intambara, ntabwo bakwiye kuza kuturangaza, kuza kuduca intege kubera icyo kibazo.”

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *