Abasirikare 12 baguye mu gitero cy’abantu bitwaje intwaro

Kuri uyu wa Gatandatu, Igisirikare cyavuze ko igitero cyagabwe n’abantu bitwaje intwaro mu burengerazuba bwa Niger cyahitanye abasirikare 12, mu gace k’umupaka kamaze igihe kaberamo ihohoterwa  rikorwa n’intagondwa.

Ku wa Gatanu, “igitero gitunguranye” cyagabwe ku mutwe wa gisirikare hafi y’umudugudu wa Sakoira hafi y’umupaka na Mali na Burkina Faso, nk’uko igisirikare cyabitangaje cyongeraho ko hafashwe babiri bakekwaho kubigiramo uruhare.

Cyasobanuye ko abagabye igitero ari “abaterabwoba” ariko nticyavuga itsinda ryabigizemo uruhare nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ikomeza ivuga.

Mu kwezi gushize, igitero cyagabwe n’umutwe w’abajihadiste ku mudugudu wo muri ako karere ko ku mupaka cyahitanye abasivili 44. Ingabo zashinje icyo gitero Leta ya Kisilamu muri Sahara, cyangwa EIGS.

Muri Niger, hamwe n’abaturanyi bayo Burkina Faso na Mali, bamaze imyaka isaga icumi bahanganye n’imitwe y’abajihadiste, harimo n’imwe ifatanije na al-Qaida na Leta ya Kisilamu.

Nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi mu bihugu uko ari bitatu mu myaka yashize, abategetsi bari ku butegetsi birukanye Ingabo z’u Bufaransa maze bitabaza imitwe y’abacanshuro y’u Burusiya kugira ngo ibafashe.

Ibihugu bitatu kandi byiyemeje gushimangira ubufatanye bwabyo bishinga umuryango mushya byise Alliance d’Etats du Sahel nyuma yo kuva muri CEDEAO.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *