Cristiano Ronaldo mu ikipe yo muri Afurika! Ikipe yo muri Afurika yatangiye ibiganiro byo kugura Cristiano Ronaldo akaza muri Africa

Ikipe ya Al Ahly yo mu Misiri irifuza gutira rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Portugal, Cristiano Ronaldo, ukinira Al Nassr yo muri Arabia Saudite, kugira ngo imufashe mu mikino y’igikombe cy’Isi cy’amakipe kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Nk’uko tubikesha umunyamakuru w’umuherwe mu bijyanye n’imikino wo mu gihugu cya Ghana, Micky Junior, abagize inama y’ubutegetsi ya Al Ahly bagejeje icyifuzo cyabo kuri Perezida w’iyi kipe, Mahmoud El Khatib, basaba ko batira Cristiano Ronaldo muri Al Nassr mu gihe cy’amezi atandatu.

Iyi kipe ya Al Ahly irashaka gukoresha Cristiano Ronaldo mu mikino y’igikombe cy’Isi cy’amakipe kizaba muri Kamena 2025, aho iyi kipe izaba iri mu itsinda A irikumwe n’amakipe nka SE Palmeiras yo muri Brazil, FC Porto yo muri Portugal, na Inter Miami CF yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Niba Cristiano Ronaldo yemeye kugana muri Al Ahly, azahura na Lionel Messi, umukinnyi wakinnye na Inter Miami, mu mikino y’igikombe cy’Isi cy’amakipe.

Cristiano Ronaldo yageze muri Al Nassr muri Mutarama 2023, amasezerano ye akaba azarangira mu kwezi kwa Karindwi k’umwaka utaha. Imikino y’igikombe cy’Isi cy’amakipe izakinwa kuva taliki ya 14 z’ukwezi kwa Gatandatu kugeza taliki ya 13 z’ukwezi kwa Karindwi mu mwaka wa 2025.

 

 

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *