Imodoka yari itwaye abakinnyi b’ikipe ya Dodoma Jiji FC yo muri Tanzania yakoze impanuka igwa mu mugezi

Dodoma Jiji FC, imwe mu makipe akina shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Tanzania (NBC Premier League), yakoze impanuka mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere hafi ya Nangurukuru, mu gihe yari mu rugendo yerekeza i Somanga, mu Ntara ya Lindi.

Ikipe yari ivuye mu mujyi wa Ruangwa aho ejo hashize yakinaga na Namungo FC. Mu buryo butunguranye, imodoka yatwaraga abakinnyi n’abakozi b’iyi kipe yagize impanuka aho yaremze umuhanda igwa mu gugezi, ariko amahirwe ni uko nta muntu wagize ibikomere bikomeye.

Amakuru y’ibanze aturuka ku batangabuhamya avuga ko hari bamwe bagize ibikomere byoroheje, ariko nta muntu uburwayi bwe bwari bukomeye. Abayobozi b’iyi kipe batangaje ko bagiye gutanga ibisobanuro birambuye ku cyateye iyo mpanuka no ku mibereho y’abakinnyi.

Iyi mpanuka ije mu gihe Dodoma Jiji FC iri kugerageza kwitwara neza muri shampiyona, aho ikomeje guhatanira kuguma mu cyiciro cya mbere.

Abakunzi b’iyi kipe ndetse n’abakurikiranira hafi ruhago muri Tanzania bakomeje kwifuriza abakinnyi ubuzima bwiza no gukomeza urugendo rwabo rwa shampiyona nta nkomyi.

Ikipe ya Dodoma Jiji yo muri Tanzania yakoze impanuika ariko Imana ikinga ukuboko

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *