Nyanza! Umuturage yabonye ‘grenade’ mu murima we, ayitiranya n’iteke

Habinshuti Euraste wo mu Karere ka Nyanza, mu Murenge wa Nyagisozi, yabonye grenade mu murima ayitiranya n’iteke, abwirwa ko ari igisasu cyo mu bwoko bwa ‘grenade’ agitahanye iwe mu rugo.

Uyu mugabo w’imyaka 61 wo mu Kagari ka Rurangazi, Umudugudu wa Kigarama, yari mu murima ahinga ku wa 28 Werurwe 2025, abona grenade agira ngo ni iteke, aniyemeza kuyitahana mu rugo.

Ari mu nzira ataha, yahuye n’umugabo w’inkeragutabara amubwira ko icyo atahanye ari igisasu cyo mu bwoko bwa ‘grenade’, amusaba kukizibukira.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme yatangaje ko iyo grenade bakiyibona, inzego z’umutekano zahise zibimenyeshwa.

Ati “Yageze mu nzira, ahura n’umuntu w’inkeragutabara wahoze mu gisirikare, amubwira ko ari grenade, ahita ayishyira hasi, maze bahita batumenyesha, duhamagara abasirikare bajya kuyitegura.”

Meya Ntazinda yavuze ko iyo grenade bigaragara ko yari ishaje cyane, abihuza n’uko agace ka Nyagisozi kahoze mu gice cya ‘Zone Turquoise’ yari muri Perefegitura ya Gikongoro.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *