Ad
Ad
Ad
Ad
Ad
Ad
Ad
Ad

Ingabire Victoire yaburanye ahakana ibyaha aregwa

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwatangiye kuburanisha Ingabire Victoire Umuhoza ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ku byaha 6 akurikiranyweho birimo kurema umutwe w’abagizi ba nabi no gutegura ibikorwa bigamije gukurura imvururu muri rubanda. Ni ibyaha yatangiye aburana avuga ko atabyemera.

Ni urubanza rwatangiye kuburanishwa mu ruhame kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Nyakanga 2025.

Me Gatera Gashabana yongeye kuzamura inzitizi z’uko uburana nta burenganzira yemererwa bwo kunganirwa kuko uwo yasabye ko yakumwunganira, bitashobotse.

Ingabire Victoire Umuhoza avuga ko yasabye ko yakoroherezwa n’Urugaga rw’Abavoka, rwo rwanze kumworohereza kugira ngo yunganirwe na Me Osiemo Emely ukomoka muri Kenya.

Iburanisha ryahise ritangira nyuma yo gutesha agaciro inzitizi zatanzwe n’uruhande rw’uregwa

Urukiko rwagaragaje ibyaha 6 Ingabire Victoire Umuhoza akurikiranyweho ari byo byatumye Ubushinjacyaha bumugeza imbere y’Urukiko.

Ibyaha akurikiranyweho ni ugushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi, guteza imvururu muri rubanda, Icyaha cyo kugirira nabi ubutegetsi buriho, icyaha cyo gukwiza amakuru atari yo cyangwa icengezamatwara Leta y’u Rwanda mu bihugu by’amahanga, icyaha cyo gutangaza amakuru y’ibihuha, akekwaho icyaha cyo gucura umugambi no kugirira nabi ubutegetsi n’icyo kwigaragambya.

Ingabire yatangiye asobanura impamvu atemera ibyo aregwa. Asanga nta gishya kiri mu birego aregwa ahubwo kuzanwa mu rukiko byaturutse ku mabwiriza y’ubushinjacyaha.

Me Gashabana avuga ko hashingiwe ku cyemezo cyafashwe n’ubushinjacyaha bushingiye ku ngingo ya 106 y’itegeko ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha, igaruka ku guhamagaza mu rubanza abafatanyije mu cyaha.

Iyo ngingo iteganya yuko iyo urukiko rusanga hari impamvu zatuma hakekwa abandi bantu kuba barafatanyije gukora icyaha cyangwa ari ibyitso by’ukurikiranyweho icyaha, rubahamagaza kugira ngo bagire ibisobanuro batanga muri urwo rubanza.

Igika cya kabiri Me Gashabana avuga ko kitarebana n’uru rubanza, gusa igika cya kane kivuga ko iyo urukiko rusanze ibisobanuro batanze bidahagije kandi urukiko rugasanga hari ibimenyetso bibashinja, rutegeka ubushinjacyaha gukora ipoerereza ruhereye ku byagaragajwe mu iperereza.

Ubushinjacyaha butegetswe kubahiriza icyo cyemezo bityo rugafata icyemezo cyo gukomeza kuburanisha hatongeye guhamagaza mu rubanza.

Me Gashabana akomeza avuga ko Ingabire yahamagajwe akisobanura, yahamagawe kuri telefoni ndetse arizana.

Ingabire ngo yumvaga ashaka kunganira ubutabera. Urukiko rukimara gufata icyo cyemezo Me Gashabana avuga ko nta masaha abiri yari arangiye, yakiriye mu rugo rwe inzego z’iperereza zifatira imitungo, ahera ko abazwa muri iryo joro.

Uruhande rw’uregwa rwagaragaje ko hari aho ubushinjacyaha bwagaragaje ko Ingabire Victoire Umuhoza afite umwirondoro utazwi.

Ingabire akimara kumenyeshwa ibyaha, yibutse ko mu myaka 3 yahamagajwe n’inzego z’umutekano, zimubaza ku byaha n’ubundi akurikiranyweho.

Icyo gihe dosiye ye yoherejwe mu bushinjacyaha. Bwifashishije ingingo ya 42 y’itegeko rigena ububasha bw’ubushinjacyaha bwasanze atari ngombwa kurega Ingabire Victoire Umuhoza.

Urukiko Rukuru rwasabye ko uwo yunganira akorwaho iperereza. Mu gihe mu Rukiko rusanga hari ibimenyetso bimushinja rutegeka ko hakorwa iperereza.

Yagize ati: “Iyo ruvuze ko hagomba gukorwa iperereza, aburana adafunze ariko ahangaha turasanga kuba urukiko rwaratagetse ubushinjacyaha gukora iperereza ku busobanuro bwatanzwe.”

Itegeko Nshinga mu ngingo ya 3 rivuga ko ibikorwa byose binyuranyije n’Itegeko Nshinga. Iyo umucamanza akoresheje iyo ngingo uruhande rw’uregwa ruvuga ko icyo gihe uregwa afatwa nk’umwere mu gihe icyaha kitaramuhama.

Niba umucamanza yarafashe icyemezo nyuma y’aho inzego z’iperereza hakaba ibikorwa by’ifatwa n’ifungwa bya Ingabire bishingiye ku ifungwa n’ifungurwa binyuranyije n’itegeko ryatanzwe n’urwego, rugasaba ko ibyo byateshwa agaciro.

Ingingo ya 76 iteganya ko umucamanza uburanisha ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo agomba kureba ku burenganzira bw’uregwa.

Ni ho ahera avuga ko uburenganzira butigeze bwubahirizwa akaba ari yo mpamvu busaba ko yaburana adafunze.

Uruhande rw’ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu bushingiraho busaba ko Ingabire Victoire Umuhoza aburana afunze by’agateganyo.

Bushingiye ku ngingo ya 106 yagarutsweho n’uruhande rw’uregwa, bwavuze ko nta yindi ngingo irasimbura iya 106.

Iyo umunyamategeko asanze ingingo zo mu mategeko zinyuranya n’ibyo yavuze, hari inzira abinyuzamo kugira ngo ababishinzwe babyigeho ndetse babihe n’umurongo.

Urukiko rwasanze hari impamvu Ingabire atumizwa agafungwa, byarakozwe kandi byakurikije amategeko.

Urukiko rwashingiye ku itegeko ndetse Urukiko si rwo rwatanze amabwiriza yo kuba hafatwa Ingabire agafungwa, urukiko rwifashishije ingingo ya 106.

Ingingo ya 3 yerekeye imanza nshinjabyaha umushingamategeko yatanze igisobanuro ku ijambo ikirego cy’ikurikiranacyaha. Ni ikirego gitangwa mu izina rya rubanda kigamije guhana umuntu wakoze icyaha.

Ingingo ya 4 y’iri tegeko, rivuga ko ufite ububasha bw’ufite gukurikirana ikirego cy’ikurikiranacyaha, gikurikiranwa n’ubushinjacyaha.

Ubushinjacyaha butanga umucyo kuri iyi ngingo ndetse bukagaragaza ko ingingo ya 29 yerekeye itegeko ry’imanza nshinjabyaha rihabanye n’ibyavuzwe n’uruhande rw’uregwa.

Buvuga ko uruhande rw’uregwa rwiyemerera ko yahamagajwe kuri telefoni. Kuba harakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga, nta hantu bigaragara ko habayeho kwivanga mu mikorere y’inzego.

Urukiko rwatumye ubushinjacyaha gukora iperereza akaba ari yo mpamvu hari ibyavuye mu iperereza. Icyakoze ngo ntibinyuranyije n’Itegeko Nshinga nk’uko byagarutsweho n’uruhande rw’uregwa..

Buti: “Ibyakozwe n’ibirimo gukorwa ubu ntibinyuranyije n’Itegeko Nshinga.”

Ubushinjacyaha buvuga ko inzitizi zatanzwe n’uruhande rw’uregwa nta gaciro zifite ko urukiko rwazitesha agaciro.

Hagarutswe ku mpamvu zikomeye zituma uregwa aburana afunze

Ubushinjacyaha bwahawe umwanya busobanura ko bwasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza afungwa by’agateganyo.

Impamvu zatanzwe n’ubushinjacyaha ku byaha bikomeye akekwaho. Buvuga ko Ingabire yashinze Ishyaka rya FDU-Inkingi, icyaha cyo gupfobya Jenoside, icyaha cyo kwangisha rubanda ubutegetsi buriho.

Nyuma yaje guhabwa imbabazi na Perezida wa Repubulika ibyaha yari akurikiranyweho, Ingabire yakurikiranyweho ibyaha byo guhungabanya umutekano w’igihugu, gukorana imitwe y’iterabwoba, gukorana P5, Ingabire abonye atangiye kubazwa yihutiye gushinga ishyaka rindi rytwa DALFA-Umurinzi.

Abari abarwanashyaka ba FDU-Inkingi bimukira muri DALFA-Umurinzi kubera ibyaha byo kurema umutwe w’iterabwoba washinjwaga.

Ubushinjacyaha buvuga ko Ingabire yakoresheje uburyo bwose burimo gukoresha imyigaragambyo kugira ngo ageke ku mugambi yari afite bwo guhirika ubutegetsi.

Mu gihe yari ayoboye ishyaka DALFA-Umurinzi yemereye amahugurwa Boniface babanaga mu rugo, ni bwo yamubwiye ko yashaka aho azakigira kugira ngo ajye avugana n’abanyamakuru mpuzamahanga.

Yahawe inshingano zo guhagararira ishyaka mu Ntara y’Iburengerazuba.

Amahugurwa bitiriye ay’icyongereza, bayakoze bakoresheje ikoranabuhanga yitabirwa n’abayoboke ba DALFA-Umurinzi bihindura amazina bakoresheje kandi ikoranabuhanga.

Kuba yaramusabye gukoresha izina rijimije no kumubonera umwunganira mu gihe baba bahuye n’ikibazo. Muri ayo mahugurwa Sibomana Sylvain ni we wari uyahagarariye mu Rwanda abifashijwemo na Assoumpta uba hanze.

13 Nzeri, 16 Nzeri, 20 Nzeri , 23 Nzeri 2021 naho 14,18,21,24 Nzeri 2021 habayeho gusubiramo ibyo bize no gukora umukoro babaga bahawe n’ababahuguye.

Iperereza ryagaragaje ko ayo mahugurwa atari ay’icyongereza ahubwo yari agamije uburyo bwo gukuraho ubutegetsi hadakoreshejwe intwaro ahubwo hakoreshejwe abaturage.

Abayitabiriye bagombaga kuba bakoresha telefoni ndetse bagahabwa amamega. Ingabire Victoire yaguriye umurwanashyaka telefoni na bando kugira ngo abakurikirana amahugurwa biborohere.

Ubushinjacyaha buvuga ko nk’uko byasobanuwe na Nzabandora bahuguwe na Sandra na Annah.

Bavuze ko gukuraho ubutegetsi bigoye kubera ko imyigaragambyo itemewe. Gukusanya abantu mu byiciro by’ubuzima bakitabira imyigaragambyo.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Scroll to Top